Parubiy wabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine yishwe
Depite Andriy Parubiy wanabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine, yarasiwe mu Mujyi wa Lviv, ahasiga ubuzima.
Parubiy yarashwe ku wa Gatandatu tariki 30 Kanama 2025, n’umuntu witwaje imbunda ariko utaramenyekana.
Amashusho yagiye hanze agaragaza uyu muntu wari ufite imbunda agenda inyuma ya Parubiy, ndetse ahita amurasa, ubundi ariruka.
Amakuru dukesha BBC avuga ko kugeza ubu hatangiye ibikorwa byo guhiga uyu muntu.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko ubu bwicanyi buteye ubwoba, yihanganisha umuryango wa Parubiy.
Ati “Imbaragaza zose zikenewe n’ubushobozi biri gutangwa (mu bikorwa byo gushakisha uyu mwicanyi).”
Parubiy w’imyaka 54 yamenyekanye cyane kubera uruhare yagize mu myigaragambyo yasabaga ko Ukraine ikorana bya hafi n’u Burayi, aho gukorana n’u Burusiya. Iyi myigaragambyo niyo yashyize ku iherezo ubutegetsi bwa Viktor Yanukovych mu 2014.
Parubiy yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine kuva mu 2016 kugeza mu 2019. Yishwe yari umwe mu Badepite ba Ukraine.
English
Kinyarwanda