Nyagatare:Urubyiruko rusoje amasomo y'Imyuga n'Ubumenyingiro rusabwa kutaryamisha ibyo rwize
Kuri uyu wa Mbere Tariki ya 12 Mutarama 2026 mu Murenge wa Kiyombe, urubyiruko 20 rwahawe impamyabumenyi nyuma yo gusoza amasomo y'imyuga n'ubumenyingiro ajyanye no kwita ku miyoboro y'amazi (Plumbing), bize mu gihe kingana n’amezi atandatu mu ishuri rya Cyondo TSS.
Bamwe mu basoje amasomo bashimiye ubuyobozi bw’Igihugu bwabashyiriyeho aya masomo y’ubumenyingiro, bavuga ko azabafasha kwiyubaka ndetse no kubaka Igihugu binyuze mu kwihangira imirimo.
Umwe yagize ati:"Mu by'ukuri ndashimira ubuyobozi bwiza bw'igihugu cyacu bwadutekerejeho maze bukaduha aya masomo kuko agiye kudufasha kuba twakwirinda kwirirwa twicaye,ni ibyo gushima".
Undi nawe yagize ati:"Aya masomo twize agiye kudufasha kwiyubaka no kubaka igihugu cyacu binyuze mu kwihangira imirimo".
Umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka Nyagatare Kakooza Henry, yavuze ko mu rwego rwo guhangana n'ikibazo cy'ubushomeri mu rubyiruko, Igihugu cyashyizeho gahunda yo kwigisha amasomo y'ubumenyingiro ndetse amashuri abyigisha ashyirwa ahantu henshi mu rwego rwo gutanga amahirwe ku rubyiruko rwose.
Yagize ati "Igihugu cyashyize imbere imyuga kuko ari amasomo yemerera umunyeshuri kwihangira akazi mu gihe asoje".
Meya Kakooza yasabye abasoje kwirinda kujya hanze ngo bicare iwabo ahubwo ko bakwiye kwita ku nshingano zabo zo gushaka umurimo ndetse no kubyaza umusaruro amasomo bahawe.
Ati:"Ubumenyi mukuye hano mukwiye kububyaza umusaruro. Ntimugende ngo mwicare iwanyu, ahubwo mwegere abandi bafite aho bahurira n’ibyo mwize babafashe. Iyo haje aya mahirwe yo kwiga imyuga bifasha urubyiruko guhanga imirimo, rugakora ndetse rukiteza imbere. Na none kandi bifasha Leta kurwanya ibyaha ndetse no guhangana n'ubushomeri."
Yongeyeho ati: "Nimwirinda ibirangaza, mukagira ikinyabupfura n'intego, ndetse mugakora cyane ngo muzigereho, muzatera imbere kandi muteze imbere Igihugu. Hanze hari amahirwe menshi nimuyakoresha uko bikwiye muziteza imbere."
Urubyiruko 20 rugizwe n'abahungu 10 ndetse n'abakobwa 10 nirwo rwahawe impamyabumenyi zigaragaza ko rwitabiriye aya masomo mu gihe cy'amezi atandatu.
Leta y’u Rwanda ikomeje kongera umubare w’amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo korohereza abayarangizamo kwihangira umurimo ikaba inabagenera ibikoresho.
Kugeza ubu mu Karere ka Nyagatare habarurwa amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro 20.
Ivan Damascene IRADUKUNDA/NYAGATARE
English
Kinyarwanda