Gicumbi: Abikorera basabye ko gushakisha imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside bishyirwa mu mihigo

Mu muhango wo kwibuka abikorera bo mu karere ka Gicumbi mu Ntara y’amajyaruguru, abafashe ijambo basabye ko mu mihigo y’inzego za leta hakongerwamo umuhigo wo gushakisha no gutahura ahakiri imibiri y’abazize jenoside itaraboneka.

May 22, 2026 - 12:54
 0
Gicumbi: Abikorera basabye ko gushakisha imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside bishyirwa mu mihigo
Gicumbi: Abikorera basabye ko gushakisha imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside bishyirwa mu mihigo

Abikorera bo mu karere ka Gicumbi bijeje ko bazakomeza gufatanya na leta ku kwita ku barokotse jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibindi bibazo byatewe nayo, icyakora na bo basaba ko mu mihigo y’inzego za leta ko hakongerwamo umuhigo wo gushakisha no gutahura ahakiri  imibiri y’abazize jenoside itaraboneka.

Muhizi Emmanuel ukuriye Urugaga rw’abikorera mu karere ka gicumbi  yavuze ko bazakomeza gufatanya na leta kwita ku barokotse jenoside ndetse n’ibindi  bibazo byatewe nayo ariko nawe agira icyo asaba agira ati:

“Munyemerere nkoreshe ijwi rirenga nsabe ko mu mihigo y’inzego za leta  hakongerwamo umuhigo wo gushakisha no gutahura ahakiri  imibiri y’abazize jenoside itaraboneka turabizeza ko  natwe duhari gukomeza gufatanya nabo mu bikorwa bitandukanye.”

Muhizi Emmanuel/PSF Gicumbi

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel yavuze ko  ikibazo cyo kugaragaza ahari imibiri y’abazize Jenoside itaraboneka,  ko bazakomeza kucyitaho ,agira ati: “Ndasaba ko abari kurangiza ibihano bakatiwe n’inkiko kubera Jenoside batanga amakuru tukamenya aho bajugunye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi 1994 kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.”

Mayor NZABONIMPA Emmanuel

Kugeza ubu nta mubare nyawo uramenyekana w’abikorera bazize jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Gicumbi.icyakora Urugaga rw’abikorera muri aka karere ni rwo rwagize uruhare mu kuvugurura no gusana uru rwibutso ndetse no kuri iyi nshuro boroje inka imiryango 5 y’abarokotse Jenoside batishoboye.

 Uwatanze ikiganiro kuri Jenoside yakorewe abatutsi

 Uhagarariye ibuka mu karere ka Gicumbi

Aborojwe inka

Inkuru ya Clarisse KWITONDA