Indege 20 za gisirikare za Amerika zageze muri Kenya mu mushinga wa Ebola wavugishije benshi

Ingendo z’indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigera kuri 20 zimaze kugera muri Kenya zitwaye ibikoresho byo kwa muganga n’inzobere mu buvuzi, mu gihe Amerika ikomeje umugambi wo gushyiraho ikigo kizajya cyita ku bakekwaho icyorezo cya Ebola.

Jun 4, 2026 - 19:49
 0
Indege 20 za gisirikare za Amerika zageze muri Kenya mu mushinga wa Ebola wavugishije benshi
Indege 20 za gisirikare za Amerika zageze muri Kenya mu mushinga wa Ebola wavugishije benshi

Iki kigo Amerika ishaka kubaka kiri mu birindiro bya gisirikare byo mu Mujyi wa Nanyuki, mu Ntara ya Laikipia, kikazajya cyakira cyane cyane Abanyamerika baba bakekwaho Ebola iri gukwirakwira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

Nubwo Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwahagaritse by’agateganyo uwo mugambi nyuma y’ikirego cy’umuryango utari uwa Leta wavugaga ko icyo gikorwa gishobora kunyuranya n’amategeko ya Kenya, Amerika yakomeje imyiteguro yayo nta gihindutse.

Abaturage bo muri Kenya bakomeje kwamagana uwo mushinga binyuze mu myigaragambyo imaze kugwamo nibura abantu babiri, bavuga ko batifuza ko igihugu cyabo gihinduka ahashyirwa abantu bakekwaho indwara z’ibyorezo.

No muri Amerika ubwaho bamwe mu basenateri basabye ko abaturage b’Amerika bakekwaho Ebola bajyanwa kuvurirwa iwabo aho kujyanwa muri Kenya.

Nubwo hari izo nzitizi zose, amakuru aturuka muri Kenya agaragaza ko ibikorwa byo gutunganya icyo kigo bikomeje. Indege za gisirikare zirimo iza C-130 na C-17 zakomeje kugera i Nanyuki zitwaye ibikoresho by’ubuvuzi ndetse n’abakozi b’inzobere.

Raporo zitandukanye zerekana ko hagati ya tariki ya 23 na 31 Gicurasi 2026, habaruwe nibura ingendo 20 z’indege za gisirikare za Amerika zageze muri Kenya.

Hari amakuru avuga ko imyiteguro hafi ya yose yamaze kurangira, hasigaye gusa gutangira kwakira abakekwaho Ebola, mu gihe andi makuru avuga ko Amerika yiyemeje gukomeza uwo mushinga kugeza igihe yaba ihagaritswe na Guverinoma ya Kenya ubwayo.