Kayonza: Kubaka Damu ya Gishanda bigiye gukemura ikibazo cy’amapfa

Mu rwego rwo guhangana n’amapfa, aterwa n’imihindagurikire y’ikirere, mu karere ka Kayonza hari kubakwa Damu ya Gishanda izafasha abaturage kubona amazi yo kuhira mu mirenge ya Rwinkwavu, Kabare na Ndego.

Feb 12, 2026 - 06:49
 0
Kayonza: Kubaka Damu ya Gishanda bigiye gukemura ikibazo cy’amapfa
Kayonza: Kubaka Damu ya Gishanda bigiye gukemura ikibazo cy’amapfa

Abaturage bemeza ko iyi Damu izabafasha kwihaza mu biribwa no kudakomeza guterwa inkunga na Leta na cyane ko muri aka gace harangwaga n'amapfa na cyane ko mu minsi yashize hari abo mu Murenge wa Ndego bagaragaje ikibazo cyo kwicwa n'inzara kubera amapfa yabayeyo.

Umwe mu baturage yagize ati: "Mu by'ukuri inaha turashima Leta kubera iyi damu bari kutwubakira kuko hano muri iyi mirenge ya Rwinkwavu,Kabare na Ndego hakunda kugaragara izuba ryinshi bigatuma tugira amapfa,ngira ngo namwe nk'abanyamakuru mwabonye uburyo twatatse inzara twatewe n'izuba ryinshi ryavuye hano. Ubu rero iyi Damu igiye kudufasha rwose pe nta nzara tuzongera guhura nayo cyangwa dusabirize kudufasha nk'uko byagenze  kubera ko baduhaye uko tuzuhira mu gihe cy'izuba. "

Uwitonze Théogène, Umuyobozi w’umushinga KIIWP,uri kubaka iyi Damu  yavuze ko  izuhira hegitari 5,000 kandi ikakira metero kibe zigera kuri miliyoni imwe.

Umuyobozi w'agateganyo w’akarere  ka Kayonza HATEGEKIMANA Fred, yemeza ko iyi Damu izatangira gukora ikimara kuzura.

Yagize ati: "Iyi Damu iri kubakwa igiye gukemura ikibazo cy'abaturage bahuraga nacyo cy'amapfa mu gihe izuba ryabaga ryabaye ryinshi. Icyo twakwizeza abaturage rero nuko nimara kuzura izatangira gukoreshwa igafasha abo muri iyi mirenge".

Uyu mushinga wo kubaka Damu I Gishanda ukaba uzafasha  abaturage bo mu Mirenge ya Kabare, Rwinkwavu na Ndego wose ukaba uzatwara amafaranga arenga Miliyari 4.5 z'amafaranga y'u Rwanda.

Muri ayo mafaranga miliyari 3 frw zizakoreshwa mu kubaka ibikorwaremezo, mu gihe asigaye azakoreshwa mugutera ibiti by'imbuto.

Iyi Damu iri gutunganwa ifite ubushobozi bwo gufata amazi angana na metero kibe million imwe (1,000,000 m³ ) ikazafasha mu mushinga watangijwe n'aka karere mu kuhira.

Iyi damu irimo gutegurwa amazi yayo azaba yifashishwa kuhira ku buso busaga hegitari 200 muri hegitari ibihumbi 5000 zitunganywa muri uyu mushinga mu Karere.

Uyu mushinga urimo urakorwa n’umufatanyabikorwa w'Akarere KWIIP ku bufatanye na Minisiteri y’Ingabo.

Ivan Damascene IRADUKUNDA/I Gishanda muri Kayonza